Wednesday, December 29, 2010

GUSINZIRA KWIGIHANGANGE INTWARI YO KWIZERA, EVANGELISTE RUGAGAZA ZAKAYO

Journal Minembwe ifatanije n'umuryango wabanyamulenge bose kwibuka iyintwari yokwizera yarizwiho kugukiranuka nokuvuga ubutumwa bwiza, Rugagaza Zakayo.

Umwe muntwari zikomeye zo kwizera zizwe iMulenge, Pasteur Rugagaza Zakayo yatashe, mugihugu cyaremwe kandi kikubakwa n'Uwiteka, yakoreraga amanwa n'ijuru. Rugagaza ari mubihangange byokwizera byomuri ikikinyejana, ndetse numwe muribamwe Biblia ivuga ko iyi isi ntibyari bikwiye ko bayibamo. Imana yariyaramudutije muri iyi generation yacyu kugira ngwatere imbutozokwizera. None yaruhutse asinziriye Dimanche le 26/12/2010 iKigali.

Reka tubagezeho ibyo umwe mubana barerewe kubirenge byanyakwigendera, avuga kubijanye nurupfu rwa Pasteur Evangeliste Rugagaza Zakayo:

Negociation y'iminsi ibiri (Isi n'ijuru) kwisinzira n'ikanguka rya Zakayo Rugagaza.
Pasteur Rugagaza Zakayo n'imbaga n'imbarutso n'umusemburo w'ububyutse buzasiga
amateka mashya buvanye amateka kwa satani uhereye muri iki Kinyejana n'ibindi bizakurikira.
Pasteur Rugagaza Zakayo namenyeko yaruhutse asinziriye Dimanche le 26/12/2010 Mw'ijoro ndi mw'isafari. Ninjiye mucyumba mbaza Imana amagambo akurikira:
RUGAGAZA Zakayo ni Lazare usinziriye kumashimwe yawe cyangwa. Nimba ari Lazare arakanguka bigenze gute ni Eliya ugiye asize Elisa nimba ari Eliya Elisa usigaranye ikoti rye ninde?

Ndaryama mbona ko umuntu ambgira ngo ngiyi telephone hamagara Rugagaza Zakayo muraya magambo aho aryamye mw'isanduka ngo: " RUGAGAZA Zakayo usinziriye yumva, nubu nzi ko wumva uranyumva? Rugagaza Zakayo numva ko ansubiza ngo Jerome wa Musa Ndatinda ndakwumva.
Wa muntu numva ko yongera kumbgira ati Jerome wibagiwe ko ariwewe wavuze ngo Zakayo n'imbarutso n'umusemburo w'ububyutse buzasiga amateka mashya atazibagirana mukinyejana cyanone nibizakurikira?

Nicuye mpamagara Jack Ntagenzwa arambgira ngo ubu mpfukamye kwisima ni saa kenda za mugitondo ko ndasenga ndi i Kabuga. Nuko ndamubgira ngo asengere Rugagaza Zakayo akiryama nawe abona wa muntu araza aramubgira ngo mwibabara Zakayo arasinziriye kandi murupfu rwe havutse intwari zizakora ibikomeye kuruta ibyo yakoze kuko bazahagurutsa ibimuga kandi ibitangaza n'ibimenyetso bizajyana nabo.
Jack ati mukangure umutugarurire tubanze dukorane nawe uzabone kumujyana.
Wa muntu ati reka nsubireyo ntange report mbibgire uwantumye ico ari bunsubize ndagaruka nkikubgire.

Jack agisinziriye ategereje igisubizo muriryo joro rya Niyinga muhamagaye kuko twe hano muri Australie bgari bgakeye mukangura atararonka igisubizo ntiyongera gusinzira.
Ndyamye mbona ko wa muntu agaruka afata Jack Ntagenzwa ukuboko aramubgira ngo databuja yemeye ngizi nifunguzo yampaye ngo muguhe nuko mbona ko bakingura urugi rwa mbere, urugi rwa kabiri n'urugi rwa gatatu. Nkiraho numva ko wa muntu ambgira ngo
bgira Jack uko warose ndamuhamagara ndabimubgira uko byagenze.
Nta kintu nabonye kigoye nko gukora imishyikirano n'ijuru no kwumva imvugo y'ijuru no kurangiza mumashorishori y'ubushake n'ubushishozi bg'Imana.
Njyewe ga uko kera nari nipanze ngo nimuhamagara kweri aritaba Jack nawe tayari ati ubgo twebge uwacu amaze iminsi 3 Lazare yarazutse amaze iminsi ine ati nugukozaho
ati ndebe autopsi spirituelle uko igenda ageze muri morgue ADEPR ntawemerewe ku crossing hano nawe ati amahoro n'ubushake bg'Imana bibane namwe no kubo yishimira.
Rugagaza Zakayo arasinzira baramushyingura i Remera ya Kigali mu Rwanda.

Rero mugusoza dore amwe mumagambo make Rugagaza Zakayo adusigiye kandi tugiye gukomerezaho kandi tuzamwibukiraho:
Kuvuga ubutumwa bg'ukuri tutabebera
Ameza azira indarasa ayo s'ameza n'icyayi n'imigati isanzwe
Yakoresheje imbara z'ihembe ry'impfizi y'Intama ubu tugiye gukoresha imbaraga zikomeye kurusha ihembe ry'imbogo yahizwe.
Impayamaguru z'imparamagara zibanguka kurusha impara n'imparage ziziye kumababa y'imiyaga ziva kumigabane y'isi zihindure ibiyaga Bigari i Girugari mumasoko y'imigisha aho kuvanga ameza namanayeze bitazongera kubaho.
Ngiyi impamvu ituma tuvuga ubutumwa mubyivugo sukuvuguruza intumwa ahubgo nukuvugurura amateka ngo tuvugute imivumo yasatani ihinduke ivu Imana ituvubire imvura y'imigisha izatuma imivure isendera imivu y'imigisha.

Jerome RUGARUZA
Hasi ijana hejuru ubugingo
Imbaraga gukiranuka n'imigisha

No comments: