Wednesday, March 11, 2015

ABAGORE B'IMULENGE NABO BIJIHIJE UMUNSI MUKURU WABAGORE KW'ISI.




Kw’itariki ya 08 z’ukwezi kwa gatatu kwa buri mwaka ni bwo kw’isi yose hizihizwa umunsi w’abari n’abategarugori. 
Journal Minembwe yifurije umunsi mwiza abari n’abategarugori bari iwacu imulenge, n’ abanyamulengekazi bose muri rusange, ari abari imulenge ari n’abari hanze.
Murwego rwoguharanira uburenganzira bw'umugore w.umunyamulenge muburyo bw'umwihariko Journal Minembwe yishimiye kubona abagore bo mu Minembwe bifatanya nabandi kw'isi ndetse bakanamagana ihohoterwa ribakorerwa. Kandi Journal Minembwe ifatanije nabo kwamamaza ko Leta ya DRCongo ibeshya amahanga ngo yateje imbere abari n’abategarugori muri Congo kandi ataribyo, ahubwo yarabadindije ibicira abagabo, ibagira abapfakazi n’imfubyi imburagihe.
Reka tunabonereho umwanya wogushimira imurenge.com bakomeza kutugezaho inkuru z'imulenge no kuba yarakurikiraniye no kwamamaza kw'isi uburyo abagore biwacu nabo biteguriye uyu munsi bifatanya nabandi kw'isi hose.

Bategarugori  na mwe BAKOBWA NABASHIKI BACU, uburenganzira bwanyu ndetse n'urwinyegamburiro rwanyu ntimurutegere kuri leta ya Congo, ahubwo murutegere kumbaraga nishyaka mugomba kwigirira mwe ubwanyu. Kuko uburenganzira buraharanirwa ntibwizana cyangwe ngo buhabwe kumbehe. Nimwe ba nyampinga mukaba naba gahuzamiryango,  bityo akaba ari mwe Congo na mulenge y'ejo kuko ari mwe mizero yacu twese; kuko kubaho kwacu tugukesha mwe mwatubyaye mukanaturera none mukaba muturerera. Niyompamvu tudahwema gufatanya nuwariwe wese ubazamura nokurwanya uwariwe wese ubazahaza. Mukomere, mushikame, turikumwe.

Nkaba ndangije ubu mbifuriza umunsi mukuru mwiza w’abari n’abategarugori kw’isi yose.

Akim Muhoza
Dore amashusho ndetse umva namajwi yabagore imulenge nkuko tuyakesha imurenge.com:







Bizihije umunsi mukuru w’umugore bamagana akarengane kakorewe Nyanzaninka





No comments: